Tuesday, May 22, 2012

Ku myaka 18 yafashwe ku ngufu na musaza we


Ishyano ryacitse umurizo – Ngororero umukobwa w’imyaka 18 yafashwe kungufu na musazawe bavukana w’imyaka 28

Ku mugoroba wo ku cyumweru tariki ya 20-05-2012 mu Murenge wa Ngororero, Akarere ka Ngororero nibwo mu masaha ya saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba uwitwa Ngurinzira Cyriaque w’imyaka 28 y’amavuko yafashe kungufu mushiki we N. J. w’imyaka 18 y’amavuko ubu wiga mu mwaka w’amashuri yisumbuye mu mwaka wa kane w’ubuvuzi bw’amatungo (yadusabye kudatangaza amazina ye ku bw’umutekano we). 

Uyu munsi mumasaha ya saa tanu nibwo twamenye iyi nkuru ubwo twahise dushaka uko twavugana n’uwakorewe ihohoterwa N. J., tumubaza uko byagenze nuko atubwira mu magambo akurikira ati : « Ubwo nari mvuye ku ishuri nje mugahushya ko kwivuza nageze mu rugo nuko ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri nibwo naherekeje mugenzi wanjye wari wansuye (ntiyashatse kumuvuga mu izina) maze igihe tukigenda twumva abantu badutera amabuye ariko ntitwababona, maze uwo mugenzi wanjye nibwo yambwiraga ati reka nkuherekeze usubire mu rugo kuko wasanga uyu muntu uwari wese akugiriye nabi, ubwo turagenda tugeze ku rugo mugenzi wanjye ansezeraho nuko akimara kunsezera mbona musaza wanjye angezeho ahamagara uwo mugenzi wanjye amutuka cyane aramubwira ngo nagaruke, amubaza ngo wowe uri uwahe ? Uvuyehe ? n’ibindi byinshi mugenzi wanjye aramwihorera arigendera maze asigara ari kuntuka, hagati aho yahamagaye umugore we aramubwira ngo nacane yaje umugore aramubwira ngo nta kibiriti cyashize ngo ahubwo nage kumugurira ikindi, maze ansaba ko muherekeza ndamwangira ndamubwira nti ndinaniriwe kandi ejo nzazindukira ku ishuri, arakomeza arampata anankanga kuko dusanzwe tunamutinya ngezaho ndemera nti atavaho ananyikubitira gusa numvaga ntakindi kibazo kuko ari musaza wanjye, ubwo nibwo twagendaga tuganira bisanzwe nk’abavandimwe maze tugeze ahantu hahinze Kawa (ntarugo na rumwe ruri hafi yaho) nibwo yambwira ngo sinshaka ko hagira undi uzaha utarampa ! Numva nguye mukantu ndamubaza nti uvuze ngo iki ? Ati ndavuzengo sinshaka ko ugira undi uzaha utarampa kandi ngirira vuba ntuntinze cyangwa nkwice ! Nibwo nabonaga atangiye guhinduka aza ansatira aba aramfashe ankubita hasi atangira gukora ibyo yashakaga, bitewe nukuntu afite ingufu ntakindi nabonye nakora kuko no kwinyagambura ntabibashaga ubwo nararetse akora ibyo akora nanga ko wenda yavaho akanansindaho nuko arangije numva arambwiye ngo haguruka uvaha kandi nugira uwo ubwira umenye ko ubuzima bwawe burangiye habe na mama ninumvako yabimenye umenye ko ubwo ibyawe birangiye ! Nuko ndahaguruka ndataha n’amarira yose ndetse n’agahinda ndataha. » Ubwo yashatse gukomeza ntibyamushobokeye kuko amarira menshi yahise amutanga imbere n’ikiniga kimubuza gukomeza kuvuga.

Ubwo twegereye umubyeyi wabo ariwe mama wabo ubabyara bose Nyirabugare Felicite, tumubaza we uko yaje kubimenya nicyo bakoze bakimara kubimenya nawe atubwira agira ati : « Njye ubwo umukobwa wanjye yari aherekeje mugenzi we wamusuye ahagana mu masaha ya saa kumi n’ebyiri nibwo hashize umwanya numvise umukazana wanjye (Umugore wuwo mugabo) aza ambwira ati bimeze gute ko numvise umukobwa wawe ari gutongana na musaza we haruguru y’urugo ? Ndamubwira nti wasanga buriya ari kumuziza ko agenda nijoro. Nuko tukimara kuvugana nibwo nagiye kubona mbona uwo musaza we arinjiye ati mukecuru gira vuba umpe ibiryo nirire, ndamubaza nti ese umugore wawe ntatetse, ati gira vuba nirire yewe ibyo umbwira ntabyo nkeneye kumva, ubwo bitewe nuko tumutinya twese ndetse n’ubuyobozi bukaba butamuvugaho nahise nirukira kumuzanira ibiryo, akimara kurya ubwo yinanurira mu muryango avuga ngo [Sawa mukecu unyiciye isari] ubwo mushiki we nawe aba yinjiye n’amarira menshi ntaragira icyo mvuga numva aramuhamagaye undi yitaba arira, nuko aramubwira ati isezerano nizereko ari ryari rindi ? Njye sinasobanukirwa, ubwo umukobwa wanjye nibwo yirukiye mu buriri undi nawe aragenda, musanga mu cyumba mubaza icyo abaye nibwo yambwira ati yewe mama ndeka Ngurinzira arandajije ! Nti akuraje ate se ? Ati hari ibyo ankoze yewe ! Nibwo yantekererezaga ibimubayeho. Akimara kubimbwira numvise ko tugushije ishyano n’umva umusatsi umvuyeho mpita mubwira nti mperekeza mbwire mukuru wawe ibibaye njye nigire kwiyahura kuko ibi njye birandenze sinshaka kuzongera kurebana na musaza wawe mumaso ! Turagenda tugezeyo nibwo namubwiraga ariko angira inama ati kwiyahura siwo muti ahubwo twihutire mu buyobozi, gusa kuko narinzi ko ubuyobozi ntacyo nubundi bujya bumfasha mubibazo byose nsanzwe mbagezaho kuri uyu muhungu wanjye ndamubwira ntibyo ntacyo byamara mundeke iryo ngushije s’iryino ! Nuko barampumuriza maze tureba umuntu ahamagara kuri Police maze batubwirako dushaka Local Defense agafata uwo musore akamujyana kuri Police, maze tugenda ijoro bwakeye turi kuri Police, bakora ikirego barangije batwohereza kwa muganga ubu niho tuvuye. »

Twakomeje tubaza uwa hohotewe icyifuzo cye atubwirako uwabikoze ari umuvandimwe ntakundi yabigenza none ati « Icyo nifuza nuko bamufunga agahanwa n’amategeko kuko n’ubundi nibamurekura byanga bikunze twese azatwica kuko niryo sezerano yaduhaye. » ibi bakaba babihuriraho bose nk’umuryango (mama we Nyirabugare Felicite, na mukuru we Ayatare Esperance) kuko rwose ngo nubusanzwe yabazengereje ataretse n’abaturanyi n’ubwo ubuyobozi bubyirengagiza ngo ariko ntako baba batagize ngo babibamenyeshe nyamara bagaterera iyo. Bakomeje batubwira ko bafite n’ikibazo cy’amikoro ngo kuko basanzwe n’ubundi bapfundikanya kugira ngo babone ticket yajyana uyu mwana ku ishuri doreko n’ubu bari batanze isambu yabo bugwate ngo babone ticket imusubiza ku ishuri none yose yagendeye muri iki kibazo, bishyura Local defense n’amatiki yabajyanye kwa muganga, bati none ubu ntituzi uko tubyitwaramo ngo asubire ku ishuri !

Uyu N. J. wahohotewe yatubwiye ko ubu yumva ikibazo afite cyane ari icyo kujya kwihagarika (kwituma ibyoroshye) ndetse n’iseseme nyinshi iri gutuma ahora aruka, ndetse n’umutima ukisimbiza ngo akumva usa naho ugiye kumusimbuka.

Ubu dutangaza iyi nkuru uyu Ngurinzira Cyriaque ari mumaboko ya Police akaba yerekejwe aho bita i Nyagisagara aho ategerereza ko acirirwa urubanza n’aho uwahohotewe we ngo kwa muganga bakaba bamuhaye imiti yo kunywa kugira ngo imurinde kwandurwa indwara uwamufashe afite bakanamubwira ko agomba gusubira ku ishuri gukomeza amasomo ye nk’uko bisanzwe, akaba azasubira kwa muganga ku itariki ya 06-06-2012.

Story by : Oliver – Ngororero