Thursday, June 7, 2012

Tumenye Bull Dogg

Amwe mu mateka ya Bull Dogg kugeza 2011
NDAYISHIMIYE MALIK Bertrand umenyerewe nka BULLDOGG yavutse tariki ya 16/09/1988 akaba ari umwe mu bahanzi baririmba mu njyana ya hip hop bakomeye muri ino minsi cyane cyane n’umwihariko we wa old skool”ishuri rya kera”.

Akorera muri groupe ya tuff gangs hamwe na bagenzi be nka P FLA,GREEN P(uyu akaba ari murumuna wa the BEN) JAY POLLY na FIREMAN aka KIBIRITI.

BULLDOGG yamenyekanye cyane mu mwaka wa 2008 ubwo yasohoraga indirimbo KU MUNSI W’IMPERUKA igakundwa cyane bitewe no gukoresha amagambo bita ‘slang’amenyerewe ku banyamerika. Nyuma yasohoranye iyitwa “IMFUBYI” na THE BEN irakundwa ndetse irakinwa ku maradio atandukanye haba mu mugi wa Kigali ndetse na hanze yawo.ubu Bulldogg yiga muri Kaminuza y’u Rwanda muri LITTERATURE.

Ku bujyanye n’uko hari ukumvikana guke kwagaragaye kuri BLACK N WHITE hagati ye na PACSON, LICK LICK na MURENZI, yavuze ko PACSON na LICK LICK bashaka kwivanga mu mikorere ya crew bashaka kubacamo ibice ngo ariko ntabwo bazi imikorere ya tuff gangs.

Ubu akaba yitegura gusohora indirimbo yitwa "bitch nigga" gusa yanateganyaga no gukora na clip kubera ibibazo byavutse bavuga ngo ndafunze cyangwa ngo navuye muri crew yabaye abihagaritse kandi ngo nta muntu n’umwe wo muri TUFF GANGS bafitanye ikibazo.
kurubu akaba ari mubahanzi 10 bahatanira PGGSS