Sunday, June 10, 2012

Ngororero: DOT Rwanda yatanze impamyabumenyi


Ngororero: DOT Rwanda ikomeje guhugura abaturage kubijyanye no kwihangira imirimo n’ikoranabuhanga

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 02 Kamena 2012 nibwo umuryango DOT Rwanda (Digital Opportunity Trust Rwanda) uhugurira abaturage bo mu karere ka Ngororero muri BDS Ngororero, watanze impamyabumenyi kubahuguwe bagera kuri 62 mu bijyanye n’ikoranabuhanga no kwihangira imirimo, aba bakaba ari ikiciro cya kane kirangije gukurikirana aya mahugurwa uhereye igihe batangiriye imirimo yabo kuri aka karere.

Uyu muryango ugamije gutanga ubumenyi butandukanye mubijyanye n’ikoranabuhanga mu itumanaho, ubumenyi mu bucuruzi no guteza imbere imibereho myiza, ibi bikaba bigezwa kubaturage b’ingeri zose binyuze mu mahugurwa akurikiranywa n’ababishatse bose mu gihe kingana n’ukwezi (iminsi 30).

Aya mahugurwa atangwa nta kiguzi, ahubwo ushaka kuyahabwa asabwa mbere na mbere kugira ubushake muri we ubundi akajya yitabira amasaha n’iminsi asabwa kuyakurikira hanyuma agahabwa impamyabumenyi iyo asojeje aya mahugurwa.

Aya mahugurwa ni ingirakamaro kubyiciro by’abaturage bitandukanye kuko agamije guteza imbere imyumvire yabo ndetse no guhindura imikorere bongera ubushobozi mu byo bakora kandi bakabikora bafite icyerekezo kandi bagamije no kwiteza imbere. Mu bice by’icyaro usanga ahanini ikoranabuhanga ritarasakara henshi bityo benshi mubakurikirana aya mahugurwa bakaba bavugako rwose bashimira cyane uyu muryango kuko ubagobotse ukaba ubitayeho muguteza imbere ubumenyi bwabo, doreko ubu ushatse kwiga kuri barwiyemezamirimo ibijyanye n’ikoranabuhanga muri aka karere ntibyaguhagarara munsi ya 30,000 ku kwezi.

Tuganira n’umwe mubari barangije gukurikirana aya mahugurwa Beline Abiyingoma yagize ati “Aya mahugurwa ansigiye akamaro kanini cyane, kuko ubu naje ntazi kuba nagira ubushakashatsi nkora kuri interineti, ariko ubu ngize amakuru atandukanye nshaka kumenya nize buryo ki nshobora kujya kuri interineti nkayashakisha nkayabona, n’ikindi kandi nahakuye ubumenyi bwinshi muburyo nshobora kwihangira umurimo ngendeye kumahirwe ankikije kandi nkawukurikira ukambyarira umusaruro ufatika, mbese ndashima cyane DOT Rwanda yibutseko dukeneye ubu bumenyi kandi ikaba ibuduha ntakiguzi”.

Uwari uhagarariye akarere ka Ngororero muriki gikorwa cyo gutanga impamyabumenyi kubari barangije gukurikirana aya mahugurwa Jean Paul yabasabye kujya gushyira mu bikorwa ubumenyi bakuye muri aya mahugurwa kandi bagashishikariza na bagenzi babo kuza kwitabira aya mahugurwa kuko ari amahirwe adasanzwe babonye, bityo akaba agira ati “Nibyiza kuri mwe ariko nanone nibyiza kuri aka karere kuko nako kahazamukira iyo abaturage bako bajijutse bakabasha kwiteza imbere”.

Ibi bikorwa nk’ibi bya DOT Rwanda bikaba bizakomeza muri aka karere ka Ngororero kugeza mu kwezi kwa Nzeri 2012.