- Udukingirizo twinshi tugurishwa mu kwa 7 no mu kwa 8.
- 52% y’abagore babeshya abagabo ko barangije mu gihe Cy’Imibonano mpuzabitsina
- Mu kigereranyo umugabo asohora inshuro 7200 mu buzima bwe.
- Abantu bakunze gukora imibonano mpuzabitsina ntibakunze kugira ibyago byo kugira heart attack.
- Imibonano mpuzabitsina y ‘imibu Yaba Imara amasegonda 2 gusa.
- Mu kigereranyo umugabo ashyukwa inshuro 11 ku munsi.
- Mu gihe umugore ari kwitegura gukora imibonano Amabere ye ashobora kwiyongeraho 25% y’Umubyimba yari asanganywe.
- Umwami Nero wi Roma yambikaga abana babahungu imyenda y’abagore be ubundi akabasambanya.
- 16% gusa yabagabo nibo bibuka kogosha Imisatsi (Inshya) Iba Kumyanya ndagabitsina yabo.
- Mu kigereranyo umutima w’umuntu utera inshuro miliyoni 35 kumwaka.
- Mu gihe umugore atwite, inda ibyara yiyongera inshuro 500 ugereranyije nuko isanzwe ingana.
- Ururimi niyo nyama ifite imbaraga kurusha izindi ugendeye ku ngano.
- Umuntu avukana amagufa 300 ariko yasaza akaba afite 206 bitewe nuko hari amagufa agenda afatana akabamo rimwe
- Ubushakashatsi bwagaragaje ko umuntu unyweye itabi rimwe aba agabanyije iminota 11 ku gihe yashoboraga kuzabaho
- Musumbazose y’umugore uri mu mihango ntiyumva (touch) neza nkuko isanzwe yumva
- Umutima w’umugore utera vuba kurusha uw’umugabo
- Amwe mu magufa y’umuntu akomeye kurusha beto
- Umuntu arota hagati y’amasegonda 2 na 3
Wednesday, May 23, 2012
Ibi nabyo kubimenya byaba ingirakamaro
Mubyo usanzwe uzi ongeraho n'ibi!
Impanuka ya Hiace ebyiri muri centre ya Ngororero
Ngororero – Impanuka ya
Hiace ebyiri
Ahagana
mu masaha ya saa yine tariki ya 23-05-2012 nibwo Taxi Hiace RAA 404 G ubwo
yaturukaga i Gisenyi mu mugi izanye abagenzi i Ngororero yageze aho mu gasanteri
ka Ngororero mu gihe yambukiranyaga umuhanda ngo iparike hakurya ikuremo
abagenzi yabuze feri mu gihe umushoferi ashakisha uko yabigenza ngo imodoka
ihagarare byakomeje kwanga niko kugenda agonga indi Hiace RAA 377 G yari ihahagaze
maze niko kurenga boridire y’umuhanda ihagama hejuru yayo, gusa kubw’amahirwe
nta muntu numwe wayikomerekeyemo cyangwa
ngo aburiremo ubuzima uretse imizigo yangiritse nk’amata iyo modoka yari itwaye.
Ubwo
twahageraga twasanze iyo modoka ikiri hejuru aho ya boridire, na Police nibwo
yahagera gutera metero ariko yaje gutangarizwa ko atari ngombwa gutera metero
kuko iyo modoka yindi yo yagonzwe itangiritse hagati y’abashoferi ubwabo bakaba
bumvikanye birangiriza ikibazo. Ubwo twabazaga umushoferi wagonzwe yatubwiye ko
ntakibazo anyuzwe nuko yumvikanye na mugenzi kandi ko ibyabaye atari ubushake
bwe ahubwo ari impanuka nkuko nawe byamubaho. Naho umushoferi warutwaye imodoka
yakoze impanuka twamubajije niba imodoka ye yaba yari isanganwe iki kibazo
adutangariza ko nawe yatunguwe cyane rwose kuko ngo n’urugendo yaramaze gukora
ari rurerure kandi ko ntakibazo nakimwe yari yigeze yumva imodoka ifite.
Ubwo
aba Police bamaraga kuhagera nabo bakemera ko niba bumvikanye hagati yabo uko
bagonganye ntakibazo nibwo imodoka yageragejwe gukurwa aho yari yahagamye ikaba
yanasubiye mu muhanda ntakibazo kuko nayo itangiritse cyane.
Story by : Oliver
- Ngororero
Umukinnyi wa Film Jackie Chan aratangaza ko ubu atazongera gukina Film
Jackie Chan - Kubera ko amaze gushesha akanguhe ntazongera gukina film
Jackie Chan numwe mubakinnyi ba cinema bakanyujijeho mu myaka ya za
80 ndetse wakunzwe na benshi kubera uburyo ama filime yiwe aba
ateguyemo.
Kurino nshuro akaba yamaze gutangariza abakunzi be bo muri cinema ko
yahagaritse kongera gukina film kubera imyaka ko ngo yumva ananiwe
ndetse n’imyaka afite itakimwemerera kuba yakina film zisaba ingufu.
Abajijwe impamvu yahisemo guhagarika gukina film yagize ati: "Mu byukuri ndananiwe ndetse ndanakuze ntangufu zo kurwana nkigira,
ubundi nkunda umukino wo kurwana cyane gusa nuko benshi bagendeye kubyo
dukora muri filime babyifashisha mu bikorwa bibi by’urugomo, ibyo nabyo
biri mu bituma mpagarika gukina."
Jackie Chan ubu ufite imyaka igera kuri 58 amaze gukina film zirenga 100 nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru cya Dailymail.
Jackie Chan yatangiye kumenyekana muri video mu mwaka w’1970 nkumwe mu
bafashaga nyakwigendera Bruce lee gukinisha abakinnyi muri film (icyo
gihe yigishaga uko bitwara muri film ariko ntagaragaremo) yifashishijwe
na bruce lee muri film nka Fist of Fury na Enter the Dragon.
Mu mwaka w’1989 nibwo jackie chan nawe yashyize hanze video ye
yambere yitwaga Snake in the Eagle’s Shadow, yaje gutuma aba icyamamare
muri Hong Kong.
Uretse kuba jackie Chan ari umukinnyi wa cinema kurundi ruhande n’umuririmbyi ukomeye cyane ndetse akina nama comedy.
Make Money
Online
dollarsincome.com
$0.00 Start. Start in 5 mins. $3K per week. Make money from your website.
dollarsincome.com
Subscribe to:
Comments (Atom)

