Ibiranga Akarere ka Ngororero
Akarere ka Ngororero gafite ubuso buhwanye na
Km² 679. Ngororero iherereye mu majyaruguru y'uburengerazuba bw'u
Rwanda, Mbese mu Ntara y'Uburengerazuba. Igizwe n'Imirenge 13, Utugari
73, Imidugudu 419.
Ihana imbibi n'Uturere dutanu 5:
- Mu majyaruguru y'uburasirazuba hari Gakenke
- Mumajyaruguru hari Nyabihu
- Mu majyepfo hari Karongi
- Mu Burasirazuba hari Muhanga na Rutsiro mu Burengerazuba.
Ikicaro cy'akarere kiri ku muhanda Muhanga-Ngororero-Kabaya-Mukamira kuri km 46,6 uvuye Muhanga na km 60 ugana Mukamira.
Akarere kagizwe n'imisozi miremire yungikanya
n'ibibaya. Ubutumburuke bw'aho ni hagati ya metero 1,460 na metero
2,883, umusozi muremure cyane waho ni uwa Bweru uri mu Murenge wa
Muhanda ufite ubutumburuke bwa metero 2,883.4. Impuzandego
y'ubutumburuke ni metero 1,500. Impinga ndende cyane uzisanga mu
ishyamba rya Gishwati nka Mugano (2,842.1 m), Butimba (2,833.5 m),
n'ahandi nka Kagano (2,450 m), Nyaburama (2,427 m), Ntaganzwa (2,257
m), Rushari (2,059 m), Gatwenabo (2,023 m), Mushyiga (1,930 m) na
Ruhunga (1,978 m).
Ibihe by'imvura n'izuba ni bine. Impuzandengo
y'ubuhehere ku mwaka ni degree 18°C, Ariko buhinduka hakurikijwe
ubutumburuke bw'imisozi. Uko ibyo bihe bikurikirana: Umuhindo kuva mu
Kwakira kugera mu Ukuboza; Igihe cy'imvura iringaniye, Igihe abahinzi
batera imbuto zinyuranye; Urugaryi Mutarama−Gashyantare igihe k'izuba
riringaniye; Itumba Werurwe−Kamena igihe k'imvura nyinshi,hari indi
imyaka iterwa, n'igihe cy'izuba ryinshi Nyakanga−Nzeri, igihe cy'isarura
ry'imyaka no guhinga ibishanga.
Akarere ka Ngororero ni akarere k'amazi menshi kuko
kari mu kibaya kigari cy'uruzi rwa Nili, kubera n'imisozi miremire
myishi mu bibaya byayo hari ibiyaga n'imigezi inyuranye. Umugezi
w'ingenzi ni Nyabarongo, n'iyindi nka; Rubagabaga, Mukungwa, Satinsyi,
Muhembe, Kibirira, Rukubi, Kintiti, Nyampiri, Mugunda, Giciye,
Rucanzogera,, Nyantanga na Gasumo.
Mu nyamaswa higanje cyane Inyoni n'ibisiga nka
Kagoma, Ibyiyoni, n'ibihunyira n'izindi nk'inuma, inkware, intashya,
ibishwi n'imisambi. Hari n'izindi nyamaswa ntoya. Nkuko byagenze henshi
mu gihugu ishyamba rya kimeza ryagiye rigabunuka mu buso kubera
umuvuduko w'ubwiyongere bw'abaturage. Ariko hari ahakiri ibisigara nko
hejuru ku misozi. Ubu ibimera ahanini bigizwe n'inturu n'ibindi biti
by'ishyamba mu mpande z'imirima.
No comments:
Post a Comment
Thank you for posting, your post will appear in short time after verification.